Botswana yatangaje ibihe by’amage kubera ubucye bw’imiti n’ibikoresho byo kwa muganga

Aug 26, 2025 - 20:11
 0
Botswana yatangaje ibihe by’amage kubera ubucye bw’imiti n’ibikoresho byo kwa muganga

Igihugu cya Botswana cyatangaje ko kiri mu bihe by'amage mu rwego rw'ubuzima rusange, mu gihe iki gihugu cyugarijwe n'ubucye bw'imiti y'ibanze n'ibikoresho byo kwa muganga.

Mu ijambo yavuze ryanyuze kuri televiziyo, Perezida Duma Boko yatangaje gahunda ifite agaciro ka miliyoni nyinshi z'amadolari yo gukosora uburyo bwo kugura imiti n'ibikoresho byo kwa muganga, izaba igenzurwa n'igisirikare.

Muri iryo jambo yagejeje ku gihugu, yavuze ko guhangana n'ubwo bucye "bizazirikana cyane igiciro kubera amikoro macye" y'icyo gihugu.

Ubukungu bw'iki gihugu cyo muri Afurika y'amajyepfo bwashegeshwe n'igabanuka ry'igiciro cya diyama ku isoko mpuzamahanga, mu gihe Botswana ari kimwe mu bihugu bicukurwamo diyama nyinshi cyane ku isi.

Icyo kibazo, cyahuhuwe no kugabanya inkunga kw'Amerika, cyatumye benshi mu baturage miliyoni 2.5 batuye Botswana baba mu byago byo kuba abashomeri no kuba abacyene cyane, nkuko amakuru yo mu bitangazamakuru abivuga.

Yatangaje ko minisiteri y'imari yemeje miliyoni 250 z'ama pula akoreshwa muri icyo gihugu (angana na miliyari 27 uyavunje mu mafaranga y'u Rwanda) yo kwifashisha muri ibi bihe bidasanzwe.

Perezida Boko, umugabo w'imyaka 55 wize amategeko kuri Kaminuza ya Harvard muri Amerika, yanditse amateka ubwo ishyaka rye rya UDC ryatsindaga amatora n'ubwiganze bw'amajwi mu mpera y'umwaka ushize, agakura ku butegetsi ishyaka ryari ribumazeho imyaka 58.

What's Your Reaction?

Like Like 0
Dislike Dislike 0
Love Love 0
Funny Funny 0
Angry Angry 0
Sad Sad 0
Wow Wow 0