DR Congo: Hagaragaye Indwara 11 Nshya Zifitanye Isano na Ebola
Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko mu gihugu hakomeje kugaragara ubwiyongere bushya bw’icyorezo cya Ebola, nyuma y’uko habonetse indwara nshya 11 zifitanye isano na cyo, mu Karere ka Bulape, Intara ya Kasai.
Nk’uko byatangajwe ku wa 25 Nzeri 2025 n’inzego z’ubuzima muri RDC, izi ndwara nshya zagaragaye mu duce dutandatu aritwo: Bambalaie, Bulape, Bulape Communautaire, Dikolo, Ingongo na Mpianga. Zifitanye isano n’Ebola, ariko zigaragaza ubukana n’ubwandu byihuse kurusha Ebola isanzwe, nubwo hakiri gukorwa ubushakashatsi kugira ngo hamenyekane byinshi kuri zo.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kugeza ku wa 21 Nzeri 2025, abantu 57 bari bamaze kumenyekana ko banduye Ebola, barimo 47 bemejwe n’ibipimo, mu gihe 10 bakigwaho iperereza. Muri abo, 35 baramaze kwitaba Imana, bituma igipimo cy’abicwa n’icyo cyorezo muri icyo gihe cyageraga kuri 61.4%.
Abana n’abagore ni bo bakomeje kwibasirwa cyane
Mu banduye, abana bafite hagati y’imyaka 9 n’iyo hejuru ni bo bagaragaye cyane, aho bagize 23% by’abanduye bose. Abagore na bo ni bo biganje mu banduye, ku kigero cya 61%. Gusa, abapfa barimo abagabo benshi kurusha abagore: abagabo bapfa ku kigero cya 73% mu gihe abagore bapfa ku kigero cya 56%.
Minisiteri y’Ubuzima yavuze kandi ko abakozi b’ubuzima batanu na bo bamaze kwandura, ibintu byongera impungenge ku buryo icyorezo kiri kwiyongera no gukwirakwira.
Ibibazo by’amikoro bikomeje kubangamira ingamba zo guhangana na Ebola
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryatangaje ko ibikorwa byo gupima no gukingira bitarimo kugenda neza kubera ikibazo cy’amikoro make. Ibi biri mu bikomeje gutuma abandura n’abahitanwa na Ebola biyongera.
Ku ruhande rwa Africa CDC, umuryango wa Afurika ushinzwe kurwanya indwara, wagaragaje ko kuva icyorezo cyongera kugaragara muri RDC mu ntangiriro za Nzeri 2025, abantu 16 bamaze kwicwa na cyo, mu gihe abandi 68 bagikekwaho.
Iyi ni inshuro ya 16 RDC ihanganye na Ebola kuva cyagaragara bwa mbere mu 1976. Kuba hakomeje kugaragara indwara nshya zifitanye isano na cyo, bikomeza gushyira igihugu mu bibazo bikomeye by’ubuzima rusange, bigasaba ubufatanye mpuzamahanga mu kurwanya iki cyorezo.
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0

