Canada nayo igiye kwemera Palestina nk'igihugu nyuma y'Ubufaransa n'Ubwongereza
Minisitiri w’Intebe wa Canada, Mark Carney, yavuze ko icyo gihugu kirimo gutegura kwemera Palestina nk’igihugu, bityo Canada ikaba ibaye igihugu cya gatatu gitangaje iyo ngingo mu minsi ya vuba.
Carney yavuze ko iyo ngingo izaterwa n’impinduka zishingiye ku miyoborere rusange, harimo no gutegura amatora y’ubutegetsi bwa Palestina mu mwaka utaha Hamas itayitabiriye.
Yabitangaje nyuma y’umunsi umwe u Bwongereza butangaje ko buzemeza Palestina nk’igihugu mu kwezi kwa Nyakanga, keretse Israel yemeye guhagarika intambara n’ibindi bisabwa. Ibyo bibaye kandi nyuma y’icyumweru kimwe Ubufaransa butangaje ingingo nk’iyo.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Israel yamaganye iyo ngingo ya Canada, avuga ko ari “ugushima ibikorwa bya Hamas.”
Ibihugu byinshi 147 muri 193 bigize Umuryango w’Abibumbye (ONU) — byamaze kwemera Palestina nk’igihugu.
Carney yavuze ko Canada izemera Palestina nk’igihugu mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye.
Yavuze ko impamvu zatumye Canada ihindura politiki yayo mpuzamahanga zirimo ibikorwa bya Israel byo gukomeza kwigarurira ubutaka bwa Palestina muri Cisjordanie (West Bank), ibyago biri kubera muri Gaza, hamwe n’ibitero bya Hamas kuri Israel byo ku itariki ya 7 Ukwakira 2023.
Ubuyobozi bwa Palestina bugenzura uturere twa Cisjordanie binyuze mu ishyaka Fatah riyobowe na Abbas, naho Hamas ikagenzura Gaza. Kuva mu 2006, nta karere muri utu tubiri karabasha gukora amatora.
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0

