Gaza: Abanyamakuru batanu biciwe mu gitero cya Israel ku bitaro
Abategetsi bo muri Gaza bavuze ko nibura abantu 20 barimo abanyamakuru batanu bakorera ibinyamakuru mpuzamahanga bishwe mu gitero cya Israel cyagabwe ku bitaro bya Nasser, biherereye mu majyepfo ya Gaza, ku wa Mbere.
Uwufata amashusho (cameraman) n’umunyamakuru wa Associated Press bari mu bahitanywe, mu gihe abandi babiri bakoreraga Al Jazeera na NBC. Itororokanirizo Reuters ryemeje ko umucameraman waryo, Husam al-Masri, ari mu bishwe, naho AP nayo yemeje urupfu rwa Mariam Dagga, umunyamakuru wigenga w’imyaka 33 wakoreraga iryo tororokanirizo.
Abandi bivugwa ko biciwe muri icyo gitero barimo Mohammed Salameh wa Al Jazeera na Muath Abu Taha, umufotozi wakoreraga televiziyo yo muri Amerika, NBC.
Amashusho yafatiwe ahabereye igitero yerekanye inyubako y’ibitaro yibasiwe irimo kwifuka umwotsi mwinshi, abantu barimo guhunga no gutabaza, ndetse n’imburagasani z’imbangukiragutabara (ambulance) zigerageza gutabara. Amakuru avuga ko igitero cya kabiri cyagabwe ubwo abashinzwe gutabara barimo bafasha abakomeretse mu gitero cya mbere.
Urwego rw’ubutabazi rwa Hamas rwavuze ko muri abo bishwe harimo n’umwe mu barwo, runemeza kandi ko abantu benshi bakomeretse.
Ibi bibaye hashize ibyumweru bibiri abanyamakuru batandatu barimo bane bakoreraga Al Jazeera biciwe hafi y’ibitaro bya al-Shifa muri Gaza City.
Umuryango w’Abibumbye ushinzwe uburenganzira bwa muntu (OHCHR) wanenze ubu bwicanyi, uvuga ko ari uguhonyora amategeko mpuzamahanga agenga intambara.
Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko zashakaga kwica Anas al-Sharif, umunyamakuru wa Al Jazeera zivuga ko afitanye isano n’umutwe wa Hamas. Ariko ishyirahamwe Committee to Protect Journalists (CPJ) ryasubije ko Israel itigeze itanga ibimenyetso bifatika bishyigikira ayo makuru.
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0

