Israel yavuze ko itazigera iva muri Gaza, Hamas idatsinzwe

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangaje ko igihugu cye nta gahunda gifite yo kurangiza intambara muri Gaza, igihe cyose umutwe wa Hamas ugikora.

May 14, 2025 - 15:06
 0
Israel yavuze ko itazigera iva muri Gaza, Hamas idatsinzwe

abitangaje mu butumwa yatanze nyuma yo gusura abasirikare bakomerekeye muri iyi ntambara, ku wa 13 Gicurasi 2025.

Netanyahu yavuze ko igihe cyose umutwe wa Hamas ugikomeje ibikorwa byawo muri Palestine, iyi ntambara itazigera ihagarara.

Yavuze ko bazakomeza kugirana amasezerano y’agahenge n’ayo kurekura imfungwa, ariko amasezerano yo guhagarika intambara burundu yo ntazigera abaho.

Ati "Amasezerano yose y’agahenge azagerwaho, Hamas nivuga ko igiye kurekura imfungwa tuzazifata ubundi tugende, ariko ntabwo tuzigera duhagarika intambara. Dushobora kugirana amasezerano y’agahenge y’igihe gito gusa ntabwo tuzahagarika iyi ntambara.”

Ubu butumwa bwaje nyuma y’ibitero Israel iherutse kugaba ku bitaro bibiri byo muri Gaza, ivuga ko byakoreragamo umutwe wa Hamas.

Ibi bitero byahitanye abantu batandatu ndetse abandi 40 barakomeraka.

Ubu butumwa bwa Netanyahu ntibwakiriwe neza n’abafite ababo bafashwe bugwate na Hamas, kuko bavuze ko bizagorana kugira ngo barekurwe.

Hamas yo ivuga ko izarekura imfungwa zisigaye ari uko Israel ivuye muri Gaza, bakagirana amasezarano arambye yo guhagarika intambara, ndetse bagahabwa n’imfungwa z’Abanya-Palestine ziri muri Israel.

Imiryango itandukanye irimo n’Ishami rya Loni ryita ku Buzima, OMS, igaragaza ko iyi ntambara nidahagarara, abazakomeza kubabariramo ari abaturage.

OMS igaragaza ko mu gihe Israel idahagaritse iyi ntambara nibura abana 71,000 bari munsi y’imyaka itanu, bazicwa n’inzara muri Palestine.

What's Your Reaction?

Like Like 0
Dislike Dislike 0
Love Love 0
Funny Funny 0
Angry Angry 0
Sad Sad 0
Wow Wow 0