Mikel Arteta yagiranye ikiganiro cyihariye n'umukinyi Nico Williams amusaba gusinyira Arsenal
Umutoza wa Arsenal, Mikel Arteta yagiranye ibiganiro byihariye n’umukinnyi wa Athletic Bilbao Nico Williams agamije kumwereka umushinga we, nk’uko bitangazwa na CaughtOffside. Ibi bikaba bigamije kongera imbaraga mu busatirizi bw’iyi kipe mbere y’umwaka utaha w'imikino.
Arsenal ihataniye ku isoko ry'uyu mukinnyi n'abakeba barimo cyane Chelsea nayo ishaka Williams. Gusa, ibimenyetso bigaragaza ko ibiganiro bya Arteta byashyize Arsenal mu mwanya mwiza wo kumwegukana. Nubwo bimeze bityo, biracyari urujijo niba FC Barcelona na Real Madrid na bo bashobora kwinjira mu guhatanira uyu mukinnyi muri iyi mpeshyi, kuko ibi bigugu byo muri Espanye byakunze gukunda Williams, ubu ufite imyaka 22 y'amavuko.
Williams afatwa nk’impano ikomeye, kandi ashobora gusohoka muri Athletic Bilbao vuba, cyane ko afite amasezerano akubiyemo uburenganzira bwo gutandukana n’ikipe kuri £50m. Kuri ubu, Arsenal na Chelsea ni zo zagaragaje inyota ikomeye yo kumwegukana mu Bwongereza, ariko na FC Barcelona na Real Madrid bamuhanze amaso.
Nubwo gukinira Barcelona na Real Madrid biba bikomeye guhakana, Williams ashobora kubona amahirwe menshi yo gukina neza mu makipe y'i Londres.
Mu gihe FC Barcelona ifite abakina hagati benshi nka Lamine Yamal, Raphinha na Dani Olmo, Real Madrid na yo ifite abakinnyi bakomeye nka Kylian Mbappé, Vinícius Jr na Rodrygo Goes, ibintu bishobora kugabanya amahirwe ya Williams yo kubona umwanya uhagije wo gukina.
Chelsea na yo yatekereza kumwegukana nk’igisubizo ku kibazo cy’abakinnyi bayo batitwaye neza, nka João Félix, Pedro Neto, Jadon Sancho na Mykhailo Mudryk. Inkubiri yo gushaka Williams irimo gufata intera ikomeye, kuko amakipe menshi afite inyota yo kumwegukana.
flammamedia.com
What's Your Reaction?
Like
1
Dislike
0
Love
1
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0

