Trump yaburiye ko Putin azihorera ku gitero cya 'drone' cya Ukraine

Jun 5, 2025 - 20:49
 0
Trump yaburiye ko Putin azihorera ku gitero cya 'drone' cya Ukraine
Trump aremeza ko Uburusiya buzihorera ku gitero gikomeye cya Drone bwagabweho na Ukraine

Perezida w'Amerika Donald Trump yaburiye ko Perezida w'Uburusiya Vladimir Putin azagomba gusubiza ku gitero gikomeye cy'indege nto z'intambara zitajyamo umupilote (drone) Ukraine yagabye ku bibuga by'indege za gisirikare z'Uburusiya.

Nyuma yo kuganira kuri telefone na Perezida w'Uburusiya, Trump yagize ati: "Perezida Putin yavuze rwose, kandi akomeje cyane, ko azagomba gusubiza ku gitero giherutse kugabwa ku bibuga by'indege."

Abategetsi bo mu Burusiya banze kubyemeza ku wa gatatu nijoro ariko mbere Uburusiya bwari bwavuze ko ibishoboka bya gisirikare "biri ku meza" (biri kwigwaho) bijyanye n'igisubizo cyabwo.

Mu butumwa yatangaje ku mbuga nkoranyambaga, Trump yaburiye ko icyo kiganiro cyo kuri telefone, cyamaze isaha irenga, kitazageza ku "mahoro y'aka kanya" hagati y'Uburusiya na Ukraine.

Ibiro ntaramakuru RIA Novosti bya leta y'Uburusiya byavuze ko Putin yabwiye Trump ko Ukraine yagerageje "guhungabanya" ibiganiro ndetse ko leta ya Ukraine "urebye yahindutse umutwe w'iterabwoba".

Ibyo biro ntaramakuru byanavuze ko "bunguranye ibitekerezo ku kuba hazasubizwaho ubufatanye hagati y'ibihugu [byombi], bushobora kugeza kuri byinshi cyane".

Ibiganiro hagati y'abo bategetsi, ni byo bya mbere bagiranye kuva Ukraine igabye igitero gitunguranye cya 'drone' yari yinjije mu Burusiya mu buryo bwa magendu, yagabye ku bibuga by'indege za gisirikare ku itariki ya mbere y'uku kwezi kwa Kamena, ku ndege yavuze ko zifite ubushobozi bwo kurasa ibisasu bya kirimbuzi mu ntera ndende.

flammamedia.com

What's Your Reaction?

Like Like 0
Dislike Dislike 0
Love Love 0
Funny Funny 0
Angry Angry 0
Sad Sad 0
Wow Wow 0