Umukobwa wa Perezida Ndayishimiye yasoje amasomo muri kaminuza y’i Washington

Umukobwa wa Perezida w’u Burundi, Navie Questia Madeleine Keza Ndayishimiye, wigaga muri Kaminuza yigenga ya Gonzaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri iki Cyumweru, itariki 11 Gicurasi 2025, yasoje amasomo ye y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza muri Sciences Politiques na Criminologie.

May 15, 2025 - 14:34
 0
Umukobwa wa Perezida Ndayishimiye yasoje amasomo muri kaminuza y’i Washington

Abinyujije kuri X, nyina wa Madeleine, akaba umugore wa Perezida Evariste Ndayishimiye, yavuze ko umukobwa we ibi yabigezeho abikesha kugira umwete, gukunda kumenya no kugira ubushobozi bwo kurenga imbogamizi.

Abinyujije kuri X, nyina wa Madeleine, akaba umugore wa Perezida Evariste Ndayishimiye, yavuze ko umukobwa we ibi yabigezeho abikesha kugira umwete, gukunda kumenya no kugira ubushobozi bwo kurenga imbogamizi.

Kaminuza ya Gonzaga ni kaminuza yigenga y’Abayezuwiti iherereye Spokane, i Washington, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yemewe na Komisiyo y’Amajyaruguru y’uburengerazuba ku mashuri makuru na kaminuza. Ni kaminuza yashinzwe mu 1887 na Joseph Cataldo, umupadiri wavukiye mu Butaliyani akaba n’umumisiyonari w’Umuyezuwiti, ikaba yaritiriwe umusore wagizwe umutagatifu w’Umuyezuwiti, Aloysius Gonzaga.

What's Your Reaction?

Like Like 1
Dislike Dislike 0
Love Love 0
Funny Funny 0
Angry Angry 0
Sad Sad 0
Wow Wow 0