Washington yahaye Kigali na Kinshasa inyandiko ya mbere y'amasezerano y'amahoro

May 17, 2025 - 12:11
May 17, 2025 - 12:52
 0
Washington yahaye Kigali na Kinshasa inyandiko ya mbere y'amasezerano y'amahoro
Amakuru aremeza ko leta ya Kigali na Kinshasa zamaze guhabwa inyandiko ikubiyemo amasezerano bazasinyira muri USA

Abategetsi i Washington batangaje ko bagejeje kuri Kinshasa na Kigali "umushinga wa mbere w'amasezerano y'amahoro" impande zombi zigomba kurebamo zikawemera cyangwa zikagira ibyo zisaba ko bihindurwa mbere y'uko ushyirwaho umukono.

Massad Boulos, umujyanama mukuru wa Perezida Donald Trump kuri Afurika yatangaje ko yavuganye na ba Perezida Félix Tshisekedi wa DR Congo na Paul Kagame w'u Rwanda.

Amakuru atandukanye yemeza ko Washington yahaye Kigali na Kinshasa iminsi micye yo kureba muri uwo mushinga w'amahoro bakawemeza cyangwa bakagira ibyo basaba ko bihindurwa.

Ni nyuma y'uko mu cyumweru gishize DR Congo n'u Rwanda, buri ruhande ruhaye Amerika inyandiko z'ibanze z'umushinga w'amahoro kugira ngo hakurwemo inyandiko ihuriweho izaba amasezerano y'amahoro.

Abasesenguzi bavuga ko Washington ishaka cyane kwihutisha iki gikorwa cyo kumvikanisha ubutegetsi bwa Kigali na Kinshasa, na yo igatangira ibikorwa bigamije inyungu za kompanyi zo muri Amerika mu bucukuzi n'ubucuruzi bw'amabuye y'agaciro muri ibi bihugu.

Boulos yagize ati: "Gukemura amakimbirane amaze igihe kirekire biragoye, ariko twiyemeje kubigeraho."

Boulos avuga ko nyuma yo guha Kishasa na Kigali inyandiko y'umushinga w'amahoro bazakorana n'impande zombi "mu kuwunoza kugira ngo tugere ku kumvikana".

Boulos avuga kandi ko yavuganye na Perezida Faure Gnassingbé wa Togo – wagenwe n'Ubumwe bwa Afurika nk'umuhuza muri iki kibazo – "ku ntambwe imaze guterwa", avuga ko yuzuza imihate y'Ubumwe bwa Afurika.

Kugeza ubu ibiri mu nyandiko z'uwo mushinga ushobora kuvamo amasezerano y'amahoro ntabwo bizwi, gusa Washington mbere yavuze ko ibyifuzo bya buri ruhande bigomba gushingirwaho muri ayo masezerano byitezwe ko ashobora gusinywa mu kwezi gutaha.

Kinshasa ishinja Kigali gutera DR Congo iciye mu gufasha umutwe wa M23, Kigali na yo ishinja Kinshasa gufasha umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bwa Kigali, buri ruhande ruhakana ibyo urundi rurushinja.

Iruhande rw'uyu muhate wa Washington habaye kandi ibiganiro hagati ya M23 na leta ya Kinshasa biyobowe na Qatar, Radio RFI ivuga ko aha na ho bigeze aho Doha yahaye izo mpande zombi umushinga w'amasezerano y'amahoro.

What's Your Reaction?

Like Like 0
Dislike Dislike 0
Love Love 0
Funny Funny 0
Angry Angry 0
Sad Sad 0
Wow Wow 0