Uvira: Ubushyamirane hagati ya FARDC na Wazalendo bwongeye guhitana ubuzima bw’abaturage
Umujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y’Epfo wongeye guhungabanywa n’imirwano hagati y’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo, imirwano yasize abantu bahasize ubuzima ndetse iteza impagarara mu baturage basanzwe bahangayikishijwe n’umutekano mucye.
Iyi mirwano yabaye ku wa Kabiri, ikaba yarabereye ahanini mu gace ka Kavimvira, hafi y’umupaka wa Congo n’u Burundi. Amakuru yemezwa n’ibinyamakuru byo muri DR Congo avuga ko nibura abantu umunani bapfiriye muri ubu bushyamirane, ariko imibare ishobora kwiyongera kuko hari abandi bakomeretse bikabije.
Mu itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bw’intara ya Kivu y’Epfo, rihagarariwe n’umuvugizi wayo, hatangajwe ko imirwano yatewe n’amakimbirane hagati ya FARDC na Wazalendo, ariko impamvu nyayo z’aya makimbirane ntizatangajwe ku mugaragaro. Hari amakuru avuga ko ibyo kutumvikana byaturutse ku bijyanye n'abantu binjiraga baturutse mu Burundi, ibintu byateje gushyamirana hagati y’impande zombi.
Wazalendo ni imitwe y’abaturage basivile biyemeje gufatanya n’ingabo za leta mu guhangana n’inyeshyamba za M23 n’indi mitwe yitwaje intwaro imaze igihe igaragara muri Kivu y’Epfo no mu yindi ntara ya Kivu ya Ruguru. Nubwo isanzwe ari abafatanyabikorwa ba FARDC, hari aho bamaze kugaragaza kutumvikana, bigakurura imirwano hagati yabo.
Si ubwa mbere imirwano hagati ya FARDC na Wazalendo ibaye mu gace ka Uvira. Mu kwezi kwa Gashyantare uyu mwaka, indi mirwano yabaye hagati y’impande zombi yahitanye abantu 12, barimo abasivile n’abasirikare.
Olivier Muhasha, umunyamakuru ukorera i Uvira, yabwiye BBC ko iyi mirwano yateye ubwoba bukomeye mu baturage, by'umwihariko kuko hari ibihuha byakwiraga ko umutwe wa M23 ushobora kuba uri hafi kugota uyu mujyi.
Guverineri w’intara ya Kivu y’Epfo, Jean Jacques Purusi, yahamagaje inama idasanzwe yahuye n’abayobozi b’ingabo, abayobozi b’amadini, urubyiruko, abagore, abategetsi b’inzego gakondo ndetse n’abahagarariye Wazalendo, mu rwego rwo gushaka igisubizo kirambye kuri ibi bibazo by’umutekano.
Mu butumwa bwe, Guverineri yasabye impande zombi kwirinda kugwa mu “mutego w’umwanzi” ashaka kuvuga ko hari abashobora kuba bari inyuma y’uku guteranya ingabo za Leta na Wazalendo. Yatangaje ko hari abantu bashyira hanze amakuru atari yo bavuga ko Uvira yagoswe na M23, ibintu avuga ko bidafite ishingiro.
Ibi bibaye mu gihe ku rwego mpuzamahanga, muri Qatar hatangiye ibiganiro bigamije kugarura amahoro hagati ya Leta ya Congo n’umutwe wa M23. Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Qatar yatangaje ko impande zombi zamaze kwakirwa kandi ko ibiganiro bigamije kurebera hamwe uko hajya habaho kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yo guhagarika imirwano n’irekurwa ry’imfungwa.
Uko ibintu bihagaze ubu, ijoro ryo ku wa Kabiri ryarangiye i Uvira hatuje, nk’uko Olivier Muhasha yabibwiye itangazamakuru. Gusa abaturage baracyafite impungenge z’uko ibintu bishobora kongera kuzamba, mu gihe ibiganiro hagati ya leta, FARDC na Wazalendo bikomeje gushakirwa umuti.
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0

